English

Kubahana kuri murandasi

Kimwe mu bintu by’ingenzi ku bantu bahuriye ahantu runaka, ni uko bubahana. Yaba ari abahuriye mu itsinda rikora ibintu runaka, mu bucuruzi, mu mudugudu cyangwa umujyi runaka. Cyangwa se miriyari zisaga 5 z’abakoresha murandasi ku isi yose. Nk’uko twese tubizi ariko, si ko bihora bimeze, kuko hari bamwe usanga bubahuka abandi, cyangwa se abantu batabanza gutekereza mbere y’icyo bagiye gushyira cyangwa gukorera kuri murandasi.

Yaba kutubaha abandi cyangwa kubatesha agaciro mu buryo bugambiriwe, byombi bigira ingaruka zinyuranye ku bo bikorewe. Gusa uburyo bibagiraho ingaruka biterwa n’ibyavuzwe cyangwa byakozwe, uko uwo muntu asanzwe abayeho, imyitwarire ye ndetse n’uburyo yihangana. Ingaruka zishobora kuba kumva usebye, ihungabana, kugumana icyo cyasha kuri murandasi kandi utabihisemo, gutakaza akazi, kuba wakwibasirwa n’abanyabyaha cyangwa kuba wahita wibasirwa n’abaguhohotera batagira ingano kuri murandasi.

Akenshi, ababikoze babaye bishyize mu mwanya w’uwo babikoreye, babona ingaruka byakurura bagahita bumirwa. Gusa abenshi mu bahohotera abandi kuri murandasi, bakura ibyishimo bidasanzwe muri ibyo bikorwa bigayitse.

Ingero z’ibikorwa byo gutesha abandi agaciro mu buryo bugambiriwe

  • Ihohoterwa rishingiye ku bwoko, ibara ry’uruhu cyangwa imyizerere ishingiye ku idini, politiki cyangwa ibindi. Aha hashobora kubamo iteshagaciro, gushaka gucecekesha undi cyangwa gusebanya.
  • Ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku mahitamo y’imikoreshereze y’igitsina, imiterere y’umubiri, ubumuga cyangwa ibindi.
  • Koga undi runono (guhora ugenzura ibyo akora kuri murandasi), nk’abahoze bakundana, ibyamamare, abanyapolitiki cyangwa abandi bantu bazwi ugasanga baribasiriwe. Koga umuntu runono bishobora gukorerwa kuri murandasi gusa, cyangwa ugasanga byinjiye no mu buzima busanzwe.
  • Kugerageza gutsindagiramo abandi ibitekerezo bya politiki cyangwa ingengabitekerezo runaka, cyane cyane iyo uzi ko nibabikora birateza ingaruka zifite imbaraga kurushaho.

Kurema cyangwa gusakaza amakuru, amashusho cyangwa videwo by’abantu cyangwa amatsinda runaka, hagambiriwe ikibi.

Ingero z’ibikorwa byo gutesha abandi agaciro mu buryo butagambiriwe

  • Gusakaza cyangwa guhererekanya amakuru cyangwa amashusho y’abandi, harimo abana bawe cyangwa abandi bantu bo mu muryango wawe utabiherewe uburenganzira.
  • Gusakaza cyangwa guhererekanya amafoto cyangwa videwo z’abandi ziteye inkeke, wenda nk’igihe bari mu bibazo cyangwa igihe basohotse bari kwinezeza.
  • Guhererekanya cyangwa gusaba amafoto cyangwa videwo bigaragaza umuntu ari mu bikorwa bifite aho bihuriye n’imibonano mpuzabitsina. Rimwe na rimwe ibi binahanwa n’amategeko.
  • Kuvuga cyangwa kubwira umuntu ikintu kimubabaza wenda hashingiwe ku kintu runaka ari gucamo cyangwa ahahise he, ariko ukabikora utabanje kubitekerezaho.
  • Kurema no gushyira kuri murandasi ibihuha cyangwa amashyengo ku bandi, ugamije gusetsa mu buryo bukomeretsa, ariko bikaba byakurura kumubabaza cyane cyane igihe bibonywe na benshi.

Ibi tugarutseho haruguru ntibireba ababikoze cyangwa babitangije gusa ahubwo no ku babikwirakwije ngo bigere kure.

Inama ku myitwarire yo kuhaba abandi kuri murandasi

  • Garagaza ibitekerezo n’imyizerere yawe, kwemeranya cyangwa kutemeranya n’abandi mu buryo bunoze, bugambiriye icyiza, kandi bwihanganirana. Ibi bizatuma wubahwa ntugahore wibasirwa buri uko ugize icyo uvuga, kandi bikurinde kujya ukurikira unasakaza buhumyi ibyo abandi bavuga.
  • Ntukigire indwanyi ihora ihonda abandi kuri murandasi, ngo ubabwire ibyo utabasha kubabwira mubonanye imbonankubone.
  • Fata abandi uko wakwifuje ko nawe bagufata.
  • Igihe uri kuri murandasi, koresha imvugo wagakoresheje igihe uganira n’ababyeyi bawe cyangwa abandi bantu wubaha.
  • Kuri murandasi nta mwanya uhari w’ihohoterwa cyangwa kutihanganira abandi hashingiwe ku bwoko, ibara, igitsina, amahitamo y’imikoreshereze y’ibitsina byabo, imiterere y’umubiri cyangwa imyizerere y’abandi.
  • Murandasi ni igikoresho ntagereranywa, ariko kitagenewe guteza imbere inzangano, ubuhezanguni cyangwa se ubwoko butandukanye bw’ihohoterwa.
  • Niba wumva uri hafi kurema no gukwirakwiza amakuru ashobora kubabaza, kubangamira abandi cyangwa kubatesha agaciro, ishyire mu mwanya wabo maze utekereze ingaruka byakugiraho abaye ari wowe. Banza ubitekerezeho cyangwa ube uretse ubanze ubyibazeho umwanya uhagije.
  • Biragoye kubasha kumenya ko umuntu runaka kuri murandasi ari umuntu w’ukuri, ko atari konti iri aho gusa cyangwa se atari gukoresha umwirondoro w’abandi. Jya uba wowe iteka, kuko kwigira undi bishobora kugira ingaruka.
  • Genzura niba amakuru ubonye ari ukuri kandi ubirebere ku mbuga zizewe mbere yo kubihererekanya n’abandi. Kuri murandasi hari ibihuha n’amakuru y’ibinyoma byinshi bidafite ishingiro, ndetse bimwe bishobora kugira ingaruka zikomeye igihe bikwirakwijwe.
  • Ha agaciro ibyiyumviro by’abandi cyangwa ingaruka bashobora guhura nazo mbere y’uko upositinga cyangwa usakaza amakuru, amafoto cyangwa videwo zabo utabanje kubasaba uburenganzira. Aha harimo n’abana bawe cyangwa abandi bo mu muryango wawe.

See Also...