
Abana batekanye
Fasha abana bawe gukoresha murandasi batekanye.

Kubaha abandi kuri murandasi
Igihe uri kuri murandasi, fata abandi uko nawe wakwifuza ko bagufata.

Genzura urubuga
Menya niba urubuga runaka rugendera ku mategeko cyangwa se ari urw’abatekamutwe mbere y’uko utangira kurukoresha.

Uri mushya kuri murandasi?
Tuzagufasha gukomeza gukoresha murandasi mu mutekano no kwigirira icyizere.

Ibyonnyi
Ibyo ukeneye kumenya byose ngo wirinde ibyonnyi.

Menyekanisha icyaha gikorewe kuri murandasi
Murakaza neza ku rubuga rwa Get Safe Online
Murakaza neza ku rubuga rwa Get Safe Online, ahantu wakura amakuru yagufasha wowe ubwawe na bagenzi bawe ndetse n'ibigo kurinda umutekano wawe ubwawe, uw'umuryango wawe, imari, uw'ibikoresho no ku kazi kawe igihe uri kuri internet, binyuze mu guhabwa inama zitabogamye, zirimo ubuhanga kandi zifatika ku buntu.
Abo Turi Bo
Get Safe Online ni urubuga ruri ku isonga mu gutanga amakuru yerekeranye n’umutekano wo kuri internet atabogamye, afatika kandi atagoye gusobanukirwa. Uru rubuga ni rwo rwonyine rutanga inama zifatika ku buryo wakwirinda ubwawe, warinda umuryango wawe, imari yawe, ibikoresho n’aho ukorera ukabirinda abiba bakoresha uburiganya, abiba umwirondoro, virusi n’ibindi bibazo byinshi umuntu ahura na byo kuri internet.